Yer 52

Ifatwa rya Yeruzalemu

1 Sedekiya yabaye umwami afite imyaka makumyabiri n’umwe, amara imyaka cumi n’umwe ari ku ngoma i Yeruzalemu. Nyina yitwaga Hamutali umukobwa wa Yeremiya w’i Libuna.

2 Sedekiya yakoze ibitanogeye Uhoraho nk’Umwami Yoyakimu.

3 Uhoraho yarakariye cyane abantu b’i Yeruzalemu no mu Buyuda kubera ibibi bakoze, arabazinukwa.

Sedekiya agomera Nebukadinezari umwami wa Babiloniya.

4 Ku itariki ya cumi y’ukwezi kwa cumi k’umwaka wa cyendaSedekiya ari ku ngoma, Nebukadinezari n’ingabo ze zose bateye Yeruzalemu, bashinga ibirindiro inyuma y’umujyi barawugota, bawuzengurutsaho ibirundo by’igitaka.

5 Bakomeje kugota uwo mujyi kugeza mu mwaka wa cumi n’umwe Sedekiya ari ku ngoma.

6 Nuko inzara izahaza umurwa, nta biribwa byari bikiwurangwamo. Ku itariki ya cyenda y’ukwezi kwa kane,

7 Abanyababiloniya baca icyuho mu rukuta ruzengurutse umujyi, ingabo zose z’u Buyuda zisohoka mu mujyi zihunga nijoro, zinyura mu irembo ryo hagati y’inkuta zombi hafi y’ubusitani bw’umwami. Nubwo Abanyababiloniya bari bagose impande zose za Yeruzalemu, zashoboye gucika zerekeje kuri Yorodani.

8 Icyakora ingabo z’Abanyababiloniya zikurikira Umwami Sedekiya zimufatira mu kibaya cya Yeriko, ingabo ze zose ziratatana.

9 Abanyababiloniya bafata Sedekiya bamushyīra umwami wa Babiloniya, wari i Ribula mu gihugu cya Hamati amucira urubanza.

10 Aho i Ribula umwami wa Babiloniya ahicira abahungu ba Sedekiya abyirebera, yica n’ibikomangoma byose by’u Buyuda.

11 Hanyuma anogora Sedekiya amaso, amubohesha umunyururu amujyana i Babiloni, aramufunga kugeza ubwo apfuye.

Isenywa rya Yeruzalemu

12 Ku itariki ya cumi y’ukwezi kwa gatanu k’umwaka wa cumi n’icyendaNebukadinezari umwami wa Babiloniya ari ku ngoma, Nebuzaradani umutware w’abarinzi akaba n’icyegera cy’umwami agera i Yeruzalemu.

13 Atwika Ingoro y’Uhoraho n’ingoro y’umwami n’amazu yose yo mu murwa, cyane cyane ay’abakomeye.

14 Ingabo z’Abanyababiloniya zose zari zimuherekeje, zisenya inkuta zari zizengurutse Yeruzalemu.

15 Hanyuma Nebuzaradani umutware w’abarinzi ajyana ho iminyago abaturage bari basigaye mu mujyi, n’abari bayobotse umwami wa Babiloniya, hamwe n’abanyabukorikori bari bahasigaye.

16 Icyakora Nebuzaradani umutware w’abarinzi asigayo abaturage b’abatindi nyakujya, kugira ngo bamwe bajye bahingira imizabibu, abandi bahinge imirima.

17 Nuko Abanyababiloniya bamenagura inkingi z’umuringa zari ku ibaraza ry’Ingoro y’Uhoraho, hamwe n’ikizenga n’ibitereko byari mu rugo rwayo bicuzwe mu muringa. Uwo muringa wose bawujyana i Babiloni.

18 Basahura ibikarayi n’ibitiyo, n’amabesani n’inzabya n’ibikombe byo kubikamo imibavu, n’ibindi bikoresho byose by’umuringa byagenewe imirimo y’Ingoro.

19 Uwo mutware w’abarinzi asahura n’ibindi bikoresho by’izahabu n’iby’ifeza, ari byo ibikarayi n’ibyungo, inzabya zo kubikamo imibavu n’amabesani, ibitereko by’amatara n’ibikombe n’amasafuriya.

20 Umuringa w’inkingi zombi hamwe n’uw’ikizenga n’uw’ibimasa cumi na bibiri biteretseho ikizenga, Umwami Salomo yari yarakoreshereje Ingoro y’Uhoraho, uburemere bwawo ntibwagiraga akagero.

21 Koko rero izo nkingi zombi, buri yose yari ifite uburebure bwa metero icyenda n’umuzenguruko wa metero esheshatu. Umubyimba w’umuringa wa buri nkingi wari santimetero umunani, kandi harimo ubusa.

22 Buri nkingi yari ifite umutwe ucuzwe mu muringa, ufite uburebure bwa metero ebyiri n’igice, izengurutswe n’ikimeze nk’urushundura rutatsweho amashusho y’imikomamanga, na zo zikozwe mu muringa. Izo nkingi zombi zari zikozwe kandi zitatswe kimwe.

23 Mu mbavu za buri nkingi hari hatatse amashusho y’imbuto z’imikomamanga mirongo cyenda n’esheshatu, zose hamwe zari imbuto ijana zitatse ku rushundura.

Abisiraheli bajyanwa i Babiloniya

24 Umutware w’abarinzi afata Umutambyi mukuru Seraya, n’umutambyi umwungirije Zefaniya n’abarinzi batatu b’amarembo y’Ingoro.

25 Hanyuma afatira mu mujyi umutware w’ingabo n’abantu barindwi b’ibyegera by’umwami, n’umunyamabanga w’umugaba w’ingabo wari ushinzwe abinjiraga mu ngabo, ahafatira n’abaturage mirongo itandatu asanze mu mujyi.

26 Nuko Nebuzaradani ari we mutware w’abarinzi, abo bantu abashyira umwami wa Babiloniya wari i Ribula.

27 Umwami wa Babiloniya ni ko kubakubita abicira aho i Ribula, mu gihugu cya Hamati.

Uko ni ko Abayuda bajyanywe ho iminyago, bavanwa mu gihugu cyabo gakondo.

28 Dore umubare w’abantu Nebukadinezari yajyanye ho iminyago: mu mwaka wa karindwiari ku ngoma, yajyanye ho iminyago Abayuda ibihumbi bitatu na makumyabiri na batatu.

29 Mu mwaka wa cumi n’umunaniyajyanye ho iminyago abantu magana inani na mirongo itatu na babiri abavanye i Yeruzalemu.

30 Mu mwaka wa makumyabiri n’itatuNebukadinezari ari ku ngoma, Nebuzaradani umutware w’abarinzi yajyanye ho iminyago Abayuda magana arindwi na mirongo ine na batanu. Abajyanywe ho iminyago bose bari ibihumbi bine na magana atandatu.

Umwami wa Babiloniya agirira Yoyakini imbabazi

31 Mu mwaka wa mirongo itatu n’irindwi nyuma y’aho Yoyakini umwami w’u Buyuda ajyanywe ho umunyago, Evili-Merodakiyabaye umwami wa Babiloniya. Ku itariki ya makumyabiri n’eshanu z’ukwezi kwa cumi n’abiri k’uwo mwaka, Yoyakini agirirwa imbabazi arafungurwa.

32 Nuko Evili-Merodaki amubwirana ineza, amuha umwanya usumba uwo yahaye abandi bami bari i Babiloni.

33 Yoyakini ntiyongera kwambara imyenda y’imfungwa, kandi buri munsi agasangira n’umwami wa Babiloniya.

34 Umwami wa Babiloniya yageneraga Yoyakini ibyo kumutunga bya buri munsi, abona ibyo akeneye kugeza ubwo apfuye.