Yer 15

Akaga kazaba ku Bayuda

1 Uhoraho arambwira ati: “Kabone n’iyo Musa na Samwelibampagarara imbere bakantakambira, sinagirira imbabazi buriya bwoko. Vana abo bantu imbere yanjye bagende.

2 Nibakubaza bati: ‘Turerekeza he?’, uzabasubize uti: ‘Nimwumve uko Uhoraho avuze:

abagenewe gupfa nibapfe,

abagenewe kwicishwa inkota ibice,

abagenewe kwicwa n’inzara nibice,

abagenewe kujyanwa ho iminyago, nibajyanwe ho iminyago.’

3 “Jyewe Uhoraho mbateganyirije uburyo bune bwo kubarimbura: bazicishwa inkota, imbwa zizakurubana imirambo yabo, ibisiga n’inyamaswa bizabarya bibatsembe.

4 Nzabahana maze bitere ubwoba amahanga yose yo ku isi, kubera ibyo Manase mwene Hezekiya umwami w’u Buyuda yakoreye i Yeruzalemu.”

Uhoraho yarabazinutswe

5 Uhoraho aravuga ati:

“Yemwe bantu b’i Yeruzalemu,

ni nde uzabagirira impuhwe?

Ni nde uzabaririra?

Ni nde uzashishikazwa no kubaza amakuru yanyu?

6 Mwaranyanze muranzinukwa,

mpagurukijwe no kubarimbura,

narambiwe kubagirira imbabazi.

7 Nzabagosora nk’abagosora ingano,

nzabatatanyiriza muri buri mujyi mu gihugu.

Abantu banjye narabatsembye mbamaraho urubyaro,

nyamara ntibahinduye imigenzereze yabo.

8 Nzagwiza abapfakazi babe benshi,

bazaba benshi kuruta umusenyi wo ku nyanja.

Ababyeyi b’abana bakiri bato nzabateza umurimbuzi,

nzamubateza ku manywa y’ihangu,

nzabateza umubabaro n’ubwoba bibagwe gitumo.

9 Umugore wari ufite abana barindwi acitse intege,

arahumeka nk’ugiye gupfa.

Umucyo we uzayoyoka ku manywa y’ihangu,

azakorwa n’isoni yumirwe.

Abarokotse nzabagabiza abanzi babo,

nzababagabiza babicishe inkota.”

Yeremiya yinubira Imana

10 Yeremiya aravuga ati:

“Mbega ngo ndagusha ishyano!

Mbese mama yambyariye iki?

Igihugu cyose kiranyamagana,

abantu bose barampagurukiye.

Ntawe nagujije cyangwa nagurije,

nyamara bose baramvuma.”

11 Uhoraho arambwira ati: “Nzagukomeza nk’uko bikwiye,

nzagukiza ibyago n’amakuba n’abanzi.

12 Mbese umuntu ashobora kuvuna icyuma,

icyuma cyangwa umuringa biturutse mu majyaruguru?

13 Nzohereza abanzi basahure,

bazasahura ubukire n’ubutunzi byanyu,

muzaba abagaragu mu gihugu mutazi.

14 Nzabagira abagaragu b’abanzi banyu,

muzaba abagaragu mu gihugu mutazi.

Koko uburakari bwanjye buzagurumana bubatwike.”

15 Yeremiya aravuga ati:

“Nyamara wowe Uhoraho urabizi,

nyibuka ungoboke,

ngoboka uhōre abantoteza.

Ntubihanganire ngo nkomeze mbabare,

zirikana ko ntukwa kubera wowe.

16 Iyo Ijambo ryawe ringezeho ndarimira,

Ijambo ryawe rintera ibyishimo rikanezeza,

narakwiyeguriye, Uhoraho Mana Nyiringabo.

17 Sinigeze nicara hamwe n’abaseka banezerewe,

sinigeze ninezeza hamwe na bo.

Narabitaruye kuko wabintegetse,

wanyujuje uburakari bwawe.

18 Ni kuki umubabaro wanjye udashira?

Ni kuki igikomere cyanjye kidakira?

Koko wambereye nk’isōko itagirirwa icyizere,

wankojeje isoni nk’isōko igira ubwo ikama.”

19 Uhoraho aransubiza ati:

“Nungarukira nzakugarura,

nzongera nkugire umugaragu wanjye.

Nuvuga amagambo nyayo atari amahomvu,

uzongera umbere umuhanuzi.

Abantu bazakugana,

nyamara si wowe uzabasanga.

20 Nzaguhagarika nk’urukuta rw’umuringa imbere yabo,

bazakurwanya nyamara ntibazagutsimbura.

Nzaba ndi kumwe nawe nkurengere ngukize.

21 Nzagukura mu maboko y’abagome,

nzagukura mu nzara z’abanyarugomo.”