Yeremiya akenyeza umukandara w’umweru
1 Uhoraho arambwira ati: “Jya kugura umukandara w’umweru maze uwukenyeze ariko ntuwumese.”
2 Nuko ndagenda ngura umukandara ndawukenyeza nk’uko Uhoraho yambwiye.
3 Hanyuma Uhoraho yongera kumbwira ati:
4 “Fata wa mukandara waguze kandi ukenyeje, maze uhaguruke ujye ku ruzi rwa Efurati uwutabe mu mwobo uri mu rutare.”
5 Nuko ndagenda nywutaba hafi ya Efurati nk’uko Uhoraho yambwiye.
6 Nyuma y’iminsi myinshi Uhoraho arambwira ati: “Subira kuri Efurati uzane wa mukandara nakubwiye kuhataba.”
7 Nuko njyayo ndacukura nywukuramo, nsanga warononekaye.
8 Maze Uhoraho arambwira ati:
9 “Nguko uko nzarimbura ubwirasi bw’u Buyuda n’ubwirasi bukomeye bw’i Yeruzalemu.
10 Abo bantu babi banze kunyumvira barinangira, bayoboka izindi mana, barazikorera kandi barazisenga. Ni cyo gituma bazamera nk’uyu mukandara utagifite akamaro.
11 Nk’uko umuntu akenyeza umukandara agakomeza, ni ko nikomerejeho cyane Abisiraheli n’Abayuda bose. Kwari ukugira ngo bampeshe ikuzo n’icyubahiro, nyamara banze kunyumvira.”
Ikibindi cya divayi n’uburakari bw’Imana
12 Uhoraho Imana y’Abisiraheli arambwira ati: “Genda ubwire Abisiraheli uti: ‘Buri kibindi kizuzuzwa divayi.’ Nibasubiza bati: ‘None se tuyobewe ko ikibindi cyuzuzwa divayi?’
13 Nawe uzababwire ko jyewe Uhoraho ngiye guhindura abantu bose bo muri iki gihugu abasinzi: abami bakomoka kuri Dawidi n’abatambyi n’abahanuzi, n’abaturage bose b’i Yeruzalemu.
14 Abantu bose nzabateza umwiryane, ndetse n’ababyeyi n’abana. Impuhwe cyangwa imbabazi ntibizambuza kubarimbura.”
Imiburo ya Yeremiya
15 Uhoraho aravuga ati:
“Nimwicishe bugufi mwumve,
16 nimwubahe Uhoraho Imana yanyu,
nimumwubahe atarabateza umwijima,
nimumwubahe mutarasitara ku misozi,
nimumwubahe atarahindura icuraburindi umucyo mwari mwizeye.
17 Nyamara nimutumvira iyi miburo,
nzajya ahirengeye ndire,
nzarizwa n’ubwirasi bwanyu.
Nzarirana umubabaro amarira atembe,
nzarizwa n’uko abantu b’Uhoraho bajyanywe ho iminyago.”
Ubutumwa bw’Imana ku muryango wa cyami
18 Uhoraho arambwira ati:
“Bwira umwami n’umugabekazi uti:
‘Nimuve ku ntebe zanyu za cyami,
amakamba yanyu yahanutse ku mutwe.
19 Imijyi yo mu majyepfo y’u Buyuda yagoswe,
nta muntu ushobora kuyinjiramo,
abantu bose b’u Buyuda bajyanywe ho iminyago.’ ”
20 Yewe Yeruzalemu, ubura amaso urebe,
abanzi bawe baje baturutse mu majyaruguru.
Abantu wahawe kuyobora bari he?
Abo wiratanaga bari he?
21 Uzavuga iki abo witaga incuti zawe nibagutera?
Uzavuga iki nibagutera bakagutegeka?
Koko uzabababara nk’umugore uribwa n’ibise.
22 Icyo gihe uzabaza uti:
“Ni kuki ibi byambayeho?”
Byatewe n’ibyaha byawe byinshi,
byatumye wamburwa imyambaro yawe bakugirira nabi.
23 Mbese umwirabura yahindura ibara ry’uruhu rwe?
Mbese ingwe yahindura amabara yayo?
Niba bishoboka namwe mwashobora gukora ibyiza,
mwabishobora mwebwe mwamenyereye gukora ibibi.
24 “Ngiye kubatatanya nk’umurama utumurwa n’umuyaga,
nzabatatanya nk’umuyaga uturutse mu butayu.”
25 Uhoraho arakomeza ati:
“Ibyo ni byo bigukwiriye,
ni byo nategetse ko bikubaho.
Narabitegetse kuko wanyibagiwe,
waranyibagiwe uyoboka ibigirwamana.
26 Nzakwambika ubusa ukorwe n’isoni.
27 Nabonye ubusambanyi bwawe n’irari ryawe rikabije,
nabonye uburyarya bwawe buteye isoni,
nabonye ukora ibikorwa nanga,
nabonye ubikorera ku misozi no mu mirima.
Yeruzalemu we, ugushije ishyano!
Uzakomeza wihumanye kugeza ryari?”