Uhoraho azarinda Yeruzalemu
1 Bazabona ishyano abajya gutabaza mu Misiri,
biringira ubwinshi bw’amafarasi n’amagare y’intambara byaho.
Bishingikiriza imbaraga z’abarwanira ku mafarasi,
nyamara ntibita ku Muziranenge wa Isiraheli,
ntibatabaza Uhoraho.
2 Nyamara Uhoraho na we arashishoza,
ashobora guteza ibyago kandi ntiyivuguruze,
azahagurukira agatsiko k’abagizi ba nabi,
azahagurukira izo nkozi z’ibibi bitabaje.
3 Abanyamisiri ni abantu buntu si Imana,
amafarasi yabo na yo ni amatungo gusa.
Igihe Uhoraho azahana icyo gihugu kizarimbukana n’abagitabaza,
bose hamwe bazashiraho.
4 Uhoraho yarambwiye ati:
“Igihe intare cyangwa icyana cyayo byivugira ku muhigo,
nubwo abashumba benshi bahururizwa kuyirwanya,
ntizaterwa ubwoba n’induru yabo.
Bityo Uhoraho Nyiringabo azaza i Siyoni,
azarwanira kuri uwo musozi we.”
5 Uko ibisiga bitanda amababa yabyo,
ni ko Uhoraho Nyiringabo azarinda Yeruzalemu.
Azayirinda ayigoboke,
azayirokora ayikize.
6 Mwa Bisiraheli mwe, nimugarukire uwo mwagomeye bikabije.
7 Icyo gihe buri wese azajugunya ibigirwamana yacuze mu ifeza no mu izahabu.
8 Abanyashūru bazashirira ku nkota,
bazatsembwa n’inkota itari iy’abantu.
Abanyashūru bazahunga inkota,
abasore babo bazaba inkoreragahato.
9 Umwami wabo azagira ubwoba ahunge,
abagaba b’ingabo ze bazashya ubwoba bahunge urugamba.
Uko ni ko Uhoraho avuze,
we nyir’urumuri ruri i Siyoni, we nyir’itara riri i Yeruzalemu.