1 Nuko Uhoraho ategeka umuhanuzi kuva mu gihugu cy’u Buyuda no kujya i Beteli, ahagera Yerobowamu ari ku rutambiro atamba ibitambo.
2 Uwo muhanuzi avuma urutambiro akurikije ijambo ry’Uhoraho ati: “Wa rutambiro we, wa rutambiro we, Uhoraho aravuze ngo: ‘Mu nzu ya Dawidi hagiye kuvuka umwana w’umuhungu, azitwa Yosiya. Kuri wowe azahatwikira abatambyi b’ahasengerwa, ahosereze imibavu, kandi ahatwikire amagufwa y’abantu.’ ”
3 Arongera aravuga ati: “Urutambiro rugiye gusaduka ndetse n’ivu ry’ibinure rigwe hasi. Bityo kiraba ari ikimenyetso ko byavuzwe n’Uhoraho.”
4 Nuko Umwami Yerobowamu amaze kumva uwo muhanuzi avuma urutambiro rw’i Beteli, arambura ukuboko hejuru y’urutambiro aravuga ati: “Nimumufate!” Ariko ukuboko kwe gukomeza kurambuka kunyunyutse, ntiyashobora kongera kuguhina.
5 Uwo mwanya urutambiro rurasaduka, n’ivu ry’ibinure ryari hejuru yarwo rigwa hasi, nk’uko umuhanuzi yari yabitumwe n’Uhoraho.
6 Umwami abwira umuhanuzi ati: “Inginga Uhoraho Imana yawe akize ukuboko kwanjye.” Nuko umuhanuzi asaba Uhoraho, maze ukuboko k’umwami kurakira gusubira uko kwari kuri.
7 Umwami abwira umuhanuzi ati: “Ngwino tujyane imuhira tugire icyo turya kandi nkugororera.”
8 Umuhanuzi asubiza Umwami Yerobowamu ati: “Nubwo wampa umugabane wa kabiri w’ubutunzi bwawe, ntabwo tujyana iwawe kubera ko nta cyo nshobora kuharira cyangwa kuhanywera.
9 Uhoraho yanyihanangirije ngo ‘Ntuzagire icyo urya, ntuzanywe n’amazi, kandi nutaha iwawe ntuzasubize inzira yakuzanye i Beteli.’ ”
10 Umuhanuzi aca indi nzira ntiyasubiza iyamuzanye.
Umuhanuzi w’i Buyuda ntiyumviye Uhoraho
11 I Beteli hari hatuye umuhanuzi w’umusaza, abana be bamutekerereza ibyo umuhanuzi wavuye i Buyuda yakoreye i Beteli uwo munsi, n’amagambo yabwiye Umwami Yerobowamu.
12 Nuko se arababaza ati: “Aciye mu yihe nzira?” Abana be bajya kubaza aho umuhanuzi w’i Buyuda yanyuze.
13 Nuko se arababwira ati: “Nimuntegurire indogobe yanjye.” Abana bashyira icyicaro ku ndogobe, arayurira aragenda.
14 Uwo musaza akurikira umuhanuzi, amusanga aho yari yicaye mu gicucu cy’igiti kinini maze aramubaza ati: “Mbese ni wowe muhanuzi wavuye i Buyuda?”
Aramusubiza ati: “Ni jyewe.”
15 Nuko uwo muhanuzi w’umusaza aramubwira ati: “Ngwino dusubirane imuhira dufungure.”
16 Umuhanuzi w’i Buyuda aramusubiza ati: “Sinshobora gusubiranayo nawe, kubera ko aha hantu nta cyo nshobora kuharira cyangwa kuhanywera.
17 Uhoraho yanyihanangirije ngo ‘Ntuzagire icyo urira aho hantu, ntuzahanywere, kandi nujya iwawe ntuzasubize inzira yakuzanye.’ ”
18 Uwo muhanuzi w’umusaza aramubwira ati: “Nanjye ndi umuhanuzi nkawe, kandi Uhoraho yatumye umumarayika ngo nkugarure iwanjye, maze urye kandi unywe.” Nyamara uwo musaza yaramubeshyaga.
19 Umuhanuzi w’i Buyuda aramuherekeza basubirana imuhira, bageze iwe ararya kandi aranywa.
20 Nuko bombi bagifungura, ijambo ry’Uhoraho riza kuri uwo muhanuzi w’umusaza wari wamugaruye, atera hejuru
21 abwira uwo muhanuzi waturutse i Buyuda ati: “Uhoraho Imana yawe aravuze ati: ‘Wasuzuguye ijambo ryanjye, ntiwubahiriza itegeko nagutegetse.
22 None wagarutse kurira no kunywera aha hantu kandi narabikubujije. Kubera ibyo ugiye gupfa, kandi ntuzashyingurwa mu irimbi rya ba sokuruza.’ ”
23 Nuko bamaze kurya no kunywa, wa muhanuzi w’umusaza ategurira umuhanuzi w’i Buyuda icyicaro ku ndogobe,
24 arataha. Akiri mu nzira ahura n’intare iramwica, umurambo we urambarara mu nzira, indogobe iwuhagarara iruhande rumwe, intare na yo ku rundi.
25 Abagenzi babonye uwo murambo mu nzira, n’intare ihagaze iruhande rwawo, baza kubibwira abo mu mujyi wari utuwemo na wa muhanuzi w’umusaza.
26 Uwo muhanuzi w’umusaza wamugaruriye mu nzira abyumvise aravuga ati: “Ni wa muhanuzi w’i Buyuda, utumviye ijambo ry’Uhoraho none Uhoraho yamugabije intare iramwica nk’uko yabimubwiye.”
27 Uwo muhanuzi w’umusaza abwira abana be ati: “Nimuntegurire icyicaro ku ndogobe.” Bamaze kugitegura,
28 uwo muhanuzi aragenda asanga umurambo mu nzira, indogobe n’intare bihagaze iruhande rwawo, intare itariye uwo murambo kandi itishe n’indogobe.
29 Nuko uwo muhanuzi w’umusaza aterura uwo murambo wa wa muhanuzi awushyira ku ndogobe, awujyana iwe mu mujyi, baramuririra hanyuma baramushyingura.
30 Bamushyingura mu mva uwo muhanuzi w’umusaza yari yaricukuriye, baramuririra bavuga bati: “Ni ishyano, umuvandimwe wacu yapfuye.”
31 Bamaze kumushyingura uwo muhanuzi w’umusaza abwira abana be ati: “Nimpfa muzanshyingure muri iyi mva uyu muhanuzi ashyinguwemo.
32 Koko rero ijambo ry’Uhoraho wa muhanuzi w’i Buyuda yavuze ryerekeye urutambiro rw’i Beteli, n’ingoro zose zo mu mijyi ya Samariya rizasohora.”
Icyaha gikomeye cya Yerobowamu
33 Yerobowamu ntiyahinduye imigenzereze ye mibi nubwo yari yaraburiwe, yakomeje gutoranya abo abonye bose muri rubanda akabagira abatambyi b’ahasengerwaga. Uwabishakaga wese yamugiraga umutambyi w’ahasengerwaga.
34 Iyo migenzereze ye mibi yaroshye umuryango we bituma urimbuka uvanwa ku isi.