1 Bami 1

Umwami Dawidi ageze mu zabukuru

1 Umwami Dawidi yari ageze mu za bukuru, ashaje cyane ku buryo bamworosaga imyenda ntasusurukirwe.

2 Abagaragu be baramubwira bati: “Nyagasani, bagushakire inkumi y’isugi igukorere, ijye igukuyakuya ikuraze kugira ngo ususurukirwe.”

3 Bashaka umukobwa mwiza muri Isiraheli yose, babona Abishagi w’i Shunemubamuzanira umwami.

4 Uwo mukobwa yari mwiza cyane, akajya akuyakuya Dawidi amukorera, ariko ntiyamurongora.

Adoniya ararikira ubwami

5 Hanyuma Adoniya umuhungu wa Dawidi na Hagita, ararikira ubwami avuga ati: “Ni jye uzaba umwami!” Ahita yishakira amagare y’intambara n’abarwanira ku mafarasi, n’abagabo mirongo itanu bo kujya bamugenda imbere.

6 Nyamara muri ibyo byose nta na rimwe se yari yarigeze amucyaha ngo amubaze ati: “Ibyo ukora ibyo ni ibiki?” Adoniya ni we wari murumuna wa Abusalomu kandi yari umusore w’uburanga.

7 Bukeye agisha inama Yowabu mwene Seruya n’umutambyi Abiyatari, na bo baramushyigikira.

8 Nyamara umutambyi Sadoki na Benaya mwene Yehoyada, n’umuhanuzi Natanina Shimeyi, na Reyi n’izindi ntwari za Dawidi, ntibashyigikira Adoniya.

Natani na Batisheba bashyigikira Salomo

9 Nuko Adoniya atamba intama n’ibimasa n’inyana z’imishishe, hafi y’urutare rw’i Zoheleti ruri bugufi bwa Enirogeli. Bityo atumira abavandimwe be bose ari bo bana b’umwami, n’abantu bose b’i Buyuda bari abagaragu b’umwami.

10 Icyakora ntiyatumira umuhanuzi Natani na Benaya, n’abarinzi b’ibwami na mwene se Salomo.

Salomo aba umwami

11 Nuko Natani abwira Batisheba nyina wa Salomo, ati: “Ntuzi ko Adoniya mwene Hagita yigize umwami kandi Dawidi akaba atabizi?

12 None reka nkugire inama uyikurikize, bityo urakiza amagara yawe n’ay’umuhungu wawe Salomo.

13 Jya ku Mwami Dawidi umubwire uti: ‘Nyagasani, ntiwandahiye ko umuhungu wawe Salomo ari we uzaba umwami akagusimbura ku ngoma? None kuki himye Adoniya?’

14 Nuko igihe uri bube uvugana n’umwami, nanjye ndinjira ngushyigikire.”

15 Batisheba ajya ku Mwami Dawidi amusanga aho yari ari mu cyumba kuko yari ashaje cyane, Abishagi wa mukobwa w’i Shunemu yaramukoreraga.

16 Batisheba ni ko gupfukamira umwami, na we aramubaza ati: “Urifuza iki?”

17 Batisheba aramusubiza ati: “Nyagasani, wandahiye mu izina ry’Uhoraho Imana yawe, ko umwana wawe Salomo ari we uzaba umwami akagusimbura ku ngoma.

18 None dore Adoniya ni we wimye ingoma, nyamara wowe nyagasani utabizi.

19 Yatambye ibimasa n’inyana z’imishishe n’intama nyinshi, atumira abahungu bawe bose, n’umutambyi Abiyatari na Yowabu umugaba w’ingabo, nyamara ntiyatumira umugaragu wawe Salomo.

20 None rero nyagasani, ubu Abisiraheli bose baguhanze amaso, kugira ngo ubatangarize ugiye kugusimbura ku ngoma.

21 Naho ubundi nyagasani numara gupfa, jye n’umuhungu wanjye Salomo bazadufata nk’abagome.”

22 Batisheba akivugana na Dawidi, umuhanuzi Natani aba arinjiye.

23 Abagaragu b’umwami baramubwira bati: “Umuhanuzi Natani yinjiye ibwami.” Nuko Natani yubama imbere y’umwami, aramupfukamira.

24 Aramubaza ati: “Nyagasani, mbese ni wowe wategetse ko Adoniya ari we uzagusimbura ku ngoma?

25 Dore uyu munsi yagiye atamba ibimasa n’inyana z’imishishe n’intama nyinshi, atumira abahungu bawe n’abatware b’ingabo bose n’umutambyi Abiyatari. Bose bari imbere ye bararya baranywa bavuga bati: ‘Harakabaho Umwami Adoniya!’

26 Icyakora nyagasani, jyewe n’umutambyi Sadoki, na Benaya mwene Yehoyada na Salomo, ntabwo yadutumiye.

27 None se nyagasani, waba waravuze uzagusimbura ku ngoma utabitumenyesheje?”

28 Umwami Dawidi aravuga ati: “Nimumpamagarire Batisheba.” Araza ahagarara imbere y’umwami.

29 Nuko Dawidi aravuga ati: “Ndahiye Uhoraho wankijije akaga kose,

30 nk’uko nabirahiye mu izina ry’Uhoraho Imana ya Isiraheli, nkavuga ko umuhungu wawe Salomo ari we uzansimbura ku ngoma, uyu munsi ngiye gusohoza icyo nasezeranye.”

31 Batisheba apfukamira umwami yubamye, aravuga ati: “Harakabaho Umwami Dawidi iteka ryose!”

32 Umwami Dawidi atumiza umutambyi Sadoki, n’umuhanuzi Natani na Benaya mwene Yehoyada. Baraza bahagarara imbere y’umwami.

33 Umwami Dawidi arababwira ati: “Mujyane n’ingabo zanjye, mushyire umuhungu wanjye Salomo ku nyumbu yanjye mumujyane i Gihoni.

34 Umutambyi Sadoki n’umuhanuzi Natani bamwimikishe amavuta, abe umwami wa Isiraheli. Muvuze ihembe muvuge muti: ‘Harakabaho Umwami Salomo!’

35 Mumuherekeze aze yicare ku ntebe yanjye ya cyami ansimbure ku ngoma. Mushyiriyeho gutegeka Abisiraheli n’Abayuda.”

36 Benaya mwene Yehoyada asubiza umwami ati: “Bibe bityo nyagasani! Koko ibyo ni byo Uhoraho Imana yawe ishaka.

37 Nk’uko kandi Uhoraho yabanye nawe nyagasani abe ari ko azabana na Salomo, ubwami bwe azabushyire hejuru ndetse burute ubwa databuja Dawidi.”

38 Nuko umutambyi Sadoki n’umuhanuzi Natani na Benaya mwene Yehoyada, n’Abakereti n’Abapeleti, buriza Salomo ku nyumbu ya Dawidi bamujyana i Gihoni.

39 Bagezeyo umutambyi Sadoki afata ihembe ryuzuye amavuta yavanye mu Ihema ry’Uhoraho, ayimikisha Salomo kugira ngo abe umwami. Bavuza ihembe maze abantu bose batera hejuru bati: “Harakabaho Umwami Salomo!”

40 Hanyuma Salomo arataha, rubanda bamuherekeza banezerewe cyane bavuza imyironge, ku buryo ubutaka bwatigiswaga n’amajwi yabo.

Salomo agirira imbabazi Adoniya

41 Adoniya n’abatumirwa be bamaze gufungura bumva urusaku. Yowabu yumvise ihembe rivuga arabaza ati: “Kuki mu mujyi hari urusaku rwinshi?”

42 Yowabu akivuga atyo, Yonatani umuhungu w’umutambyi Abiyatari aba ageze aho. Adoniya aramubwira ati: “Injira kuko uri umugabo w’intwari, ugomba kuba utuzaniye inkuru nziza.”

43 Yonatani asubiza Adoniya ati: “Inkuru si nziza! Umwami Dawidi amaze kwimika Salomo kugira ngo abe umwami.

44 Dawidi yategetse umutambyi Sadoki n’umuhanuzi Natani na Benaya mwene Yehoyada, n’Abakereti n’Abapeleti ngo bashyire Salomo ku nyumbu y’umwami.

45 Umutambyi Sadoki n’umuhanuzi Natani bamwimikisha amavuta i Gihoni kugira ngo abe umwami. Bagarukanye na we banezerewe cyane, ku buryo umujyi wose wuzuye urusaku ari na rwo mwumvise.

46 Ndetse ubu Salomo yicaye ku ntebe ya cyami.

47 Ikindi kandi n’ibyegera byose by’Umwami Dawidi byaje kumushimira bivuga biti: ‘Imana izashyire hejuru izina rya Salomo gusumbya aho iryawe ryari rigeze, kandi izahe ubwami bwe kugira icyubahiro gisumba icyo ubwawe bwagize.’ ” Umwami Dawidi apfukama ku buriri bwe,

48 aravuga ati: “Nihasingizwe Uhoraho Imana y’Abisiraheli yo yashyizeho uyu munsi, uwo kunsimbura ku ntebe ya cyami mbyirebera.”

49 Abatumirwa ba Adoniya babyumvise bashya ubwoba, barahaguruka baratatana buri wese aca ukwe.

50 Adoniya agira ubwoba bwinshi kubera Salomo, nuko aragenda afata ku mahembe y’urutambiro.

51 Baza kubwira Salomo ko Adoniya yamutinye cyane agahungira ku rutambiro, agafata ku mahembe yarwo akavuga ati: “Sinzahava keretse Salomo andahiye ko atazanyicisha inkota.”

52 Salomo aravuga ati: “Naba inyangamugayo nta n’agasatsi na kamwe kazava ku mutwe we, ariko nagwa mu ikosa na rito azicwa nta kabuza.”

53 Umwami Salomo yohereza abantu kumuvana aho ku rutambiro. Araza apfukamira Salomo yubamye. Salomo aramubwira ati: “Itahire.”