Yoz 13

Ibihugu byari bitarafatwa

1 Yozuwe amaze kugera mu zabukuru, Uhoraho aramubwira ati: “Dore urashaje cyane kandi hasigaye ahantu hanini mutarigarurira.

2 Intara y’Abafilisiti n’iy’Abageshuri,

3 uhereye ku mugezi wa Shihori uri ku mupaka wa Misiri, ukageza ku mupaka wa Ekuroni mu majyaruguru. Ako karere kabarwaga nk’ak’Abanyakanāni kuko kahoze gatuwe n’Abawi, ariko kategekwaga n’abami batanu b’Abafilisiti, uw’i Gaza n’uwa Ashidodi n’uwa Ashikeloni n’uw’i Gati n’uwa Ekuroni.

4 Mu majyepfo mushigaje kwigarurira ahatuwe n’Abanyakanāni hose, na Meyara y’Abanyasidoni kugeza kuri Afeki iri ku mupaka w’Abamori,

5 n’intara y’Abagebali n’ibisi bya Libani byose by’iburasirazuba, uhereye i Bāli-Gadi munsi y’umusozi wa Herumoni kugeza i Lebo-Hamati.

6 Hasigaye n’akarere k’imisozi miremire kari hagati ya Libani na Misirefoti-Mayimu gatuwe n’Abanyasidoni. Uko Abisiraheli bazagenda bigira imbere, ni ko nzagenda menesha abaturage b’utwo turere. Igihugu uzakigabanye Abisiraheli nk’uko nabitegetse.

7 Uzakigabanye imiryango icyenda, n’igice cy’umuryango wa Manase itaragira icyo ibona, kibe gakondo yayo.”

Imigabane yatanzwe iburasirazuba bwa Yorodani

8 Umuryango wa Rubeni n’uwa Gadi n’ikindi gice cy’uwa Manase, Musa umugaragu w’Uhoraho yari yarayihaye gakondo mu burasirazuba bwa Yorodani.

9 Yabahaye Aroweri iri haruguru y’akabande ka Arunoni n’umujyi uri muri ako kabande, n’imirambi y’i Medeba n’i Diboni

10 n’imijyi yose yategekwaga na Sihoni umwami w’Abamori wari utuye i Heshiboni, kugeza ku mupaka w’Abamoni.

11 Yabahaye n’intara ya Gileyadi n’akarere ka Geshurin’aka Māka, n’umusozi wa Herumoni wose n’igihugu cyose cya Bashani kugeza i Saleka.

12 Hategekwaga na Ogi umwami w’i Bashani, akaba umwe mu ba nyuma bakomoka ku Barefawari utuye Ashitaroti na Edureyi. Musa yari yaratsinze ibyo bihugu arabyigarurira.

13 Icyakora Abisiraheli ntibamenesheje Abageshuri n’Abamāka, ku buryo n’ubu bagituye mu gihugu cya Isiraheli.

14 Abalevi ntibagenewe umugabane w’ubutaka, kuko umugabane wabo uva ku maturo atwikwa y’Uhoraho Imana y’Abisiraheli, nk’uko yababwiye.

Umugabane wa Rubeni

15 Dore umugabane Musa yahaye abagize amazu y’Abarubeni:

16 Aroweri iri haruguru y’akabande ka Arunoni n’umujyi uri muri ako kabande, n’imirambi yose kugera i Medeba

17 n’i Heshiboni n’indi mijyi yose yubatse mu mirambi, ari yo Diboni na Bamoti-Bāli na Betibāli-Mewoni,

18 na Yahasi na Kedemoti na Mefāti,

19 na Kiriyatayimu na Sibuma na Sereti-Shahari iri hejuru y’ikibaya,

20 na Beti-Pewori n’imicyamu y’umusozi wa Pisiga na Beti-Yeshimoti,

21 mbese imijyi yose yo mu mirambi n’igihugu cyose cya Sihoni umwami w’Abamori wari utuye i Heshiboni. Musa yari yaratsinze Sihoni n’abatware b’Abamidiyani bari batuye mu gihugu cye, ari bo Ewi na Rekemu na Suri, na Huri na Reba, bari abagaragu ba Sihoni.

22 Abisiraheli barabishe, kimwe na wa mupfumu Bālamu mwene Bewori.

23 Mu burengerazuba, umupaka w’umugabane w’Abarubeni wari uruzi rwa Yorodani. Iyo ni yo mijyi n’imidugudu amazu yabo yahawe ho gakondo.

Umugabane wa Gadi

24 Dore umugabane Musa yahaye abagize amazu y’Abagadi:

25 Yāzeri n’imijyi yose y’i Gileyadi n’igice cy’igihugu cy’Abamoni kugera Aroweri yindi iri hafi y’i Raba,

26 no kuva Heshiboni kugera i Ramati-Misipa n’i Betonimu, no kuva i Mahanayimu kugera mu karere k’i Debiri,

27 n’ikibaya cya Yorodani na Beti-Haramu na Beti-Nimura na Sukoti na Safoni, n’ahasigaye hose h’igihugu cy’Umwami Sihoni, wari utuye i Heshiboni. Mu burengerazuba, umupaka w’umugabane w’Abagadi wari uruzi rwa Yorodani, kugeza ku Kiyaga cya Galileya mu majyaruguru.

28 Iyo ni yo mijyi n’imidugudu amazu yabo yahawe ho gakondo.

Umugabane w’Iburasirazuba wa Manase

29 Dore umugabane Musa yahaye abagize igice cy’amazu y’Abamanase:

30 igihugu cyose cyahoze ari icya Ogi umwami w’i Bashani, uhereye i Mahanayimu werekeza mu majyaruguru, harimo n’imijyi mirongo itandatu yitwa Inkambi za Yayiri,

31 n’igice cy’i Gileyadi n’imirwa ya Ogi ari yo Ashitaroti na Edureyi. Uwo ni wo mugabane wahawe igice cy’umuryango w’Abamanase kigizwe n’amazu y’Abamakiri.

32 Iyo ni yo migabane Musa yari yaratanze igihe yari mu kibaya cy’i Mowabu, iburasirazuba bw’uruzi rwa Yorodani, ahateganye n’i Yeriko.

33 Abalevi bo nta mugabane w’ubutaka Musa yabahaye, kuko Uhoraho Imana y’Abisiraheli ari we mugabane wabo, nk’uko yababwiye.