Urupfu n’ihambwa bya Sara
1 Sara yamaze imyaka ijana na makumyabiri n’irindwi,
2 agwa i Kiriyati-Aruba, ari yo Heburoni mu gihugu cya Kanāni. Aburahamu aramuririra araboroga.
3 Hanyuma arahaguruka, umurambo w’umugore we usigara aho, ajya kuvugana n’Abaheti. Arababwira ati:
4 “Dore ndi umushyitsi n’umwimukīra iwanyu, nimungurishe aho nshyingura umurambo w’umugore wanjye.”
5 Abaheti basubiza Aburahamu bati:
6 “Umva nyakubahwa, Imana yakugize igikomangoma muri twe, none wihitiremo mu mva twateguye iyo ushaka, ushyinguremo umurambo w’umugore wawe. Nta n’umwe muri twe wakwima imva.”
7 Aburahamu arahaguruka yunamira abo Baheti bari batuye ako karere,
8 arababwira ati: “Niba mwemera ko mpamba umurambo w’umugore wanjye, nimunsabire Efuroni mwene Sohari
9 angurishe ubuvumo bwe bw’i Makipela, buri ku rubibi rw’umurima we. Ndamuhera imbere yanyu igiciro kibukwiriye, maze bube irimbi nzajya mpambamo.”
10 Efuroni uwo w’Umuheti yari yicaranye na bene wabo ku iremborya Heburoni. Nuko asubiza Aburahamu mu ruhame ati:
11 “Umva nyakubahwa, ubwo buvumo ndabuguhaye ndetse n’umurima burimo, mbiguhereye imbere ya bene wacu. Genda ushyingure umurambo w’umugore wawe.”
12 Aburahamu arongera yunamira abo Baheti,
13 abwirira Efuroni imbere yabo ati: “Ndakwinginze, nanjye unyumve: reka nkwishyure igiciro cy’uwo murima, maze mpishyingurire umurambo w’umugore wanjye.”
14 Efuroni aramusubiza ati:
15 “Umva nyakubahwa, umurima w’ibikoroto magana ane by’ifeza ntiwaduteranya! Genda ushyingure umurambo w’umugore wawe!”
16 Aburahamu abyumvise abarira imbere y’Abaheti ibikoroto magana ane, Efuroni yari yavuze. Byari ibikoroto by’ifeza byakoreshwaga mu bucuruzi.
17 Nuko umurima wa Efuroni wari i Makipela hafi y’i Mamure, n’ubuvumo burimo n’ibiti byose byari biwuzitiye, bigurishwa
18 Aburahamu biba ibye. Abaheti bose bari ku irembo ry’umujyi barabibonye.
19 Nyuma y’ibyo, Aburahamu ashyingura umugore we Sara mu buvumo bwo mu murima w’i Makipela hafi y’i Mamure. Ni mu majyaruguru y’i Heburoni mu gihugu cya Kanāni.
20 Uko ni ko Abaheti bagurishije umurima n’ubuvumo bwarimo, biba irimbi rya Aburahamu.