Intang 19

Ibyaha by’Abanyasodoma

1 Ba bamarayika babiribagera i Sodoma nimugoroba, ubwo Loti yari yicaye aho binjirira mu mujyi. Loti ababonye arahaguruka ajya kubasanganira, yikubita hasi imbere yabo yubamye.

2 Arababwira ati: “Ba nyakubahwa, nimuze iwanjye mbacumbikire. Mushobora koga ibirenge mukaruhuka, maze ejo mu gitondo mugakomeza urugendo.”

Baramuhakanira bati: “Oya, turirarira hanze.”

3 Ariko Loti akomeje kubinginga barabyemera bajyana iwe mu nzu. Abatekeshereza ibyokurya, abokeshereza n’imigati idasembuye barafungura.

4 Batararyama, abagabo bo mu mujyi, abasore n’abasaza, mbese abagabo bose b’i Sodoma, baraza bagota inzu.

5 Nuko bahamagara Loti baramubaza bati: “Abagabo baje iwawe iri joro bari hehe? Basohore tubasambanye.”

6 Loti asohoka abagana afungira urugi inyuma,

7 arababwira ati: “Bagenzi banjye, ntimukore iryo shyano!

8 Ahubwo mureke mbazanire abakobwa banjye babiri b’amasugi, mubagenze uko mushaka. Ariko abo bagabo mubihorere kuko ari abashyitsi banjye.”

9 Baramusubiza bati: “Have tubise wa munyamahanga we! Ni wowe utubwiriza ibyo tugomba gukora iwacu? Basohore tutarakugirira nabi kurusha uko twayibagirira!” Nuko bahutaza Loti, begera urugi ngo barumene.

10 Ariko ba bagabo babiri basingira Loti bamusubiza mu nzu barakinga.

11 Nuko bateza ubuhumyi ba bantu bose bari bagose inzu, ari abasore ari n’abasaza, ntibashobora kubona umuryango.

Loti ava muri Sodoma

12 Ba bagabo babiri babaza Loti bati: “Mbese hari abandi bantu ufite ino, abahungu cyangwa abakobwa, cyangwa abakwe cyangwa se abandi mufitanye isano? Niba bahari, ubakure muri uyu mujyi

13 kuko tugiye kuwurimbura. Abanyasodoma baregwa ubutitsa, none Uhoraho yatwohereje kurimbura uyu mujyi.”

14 Loti ni ko gusohoka abwira abari bagiye kurongora abakobwa be ati: “Nimuhaguruke muhunge kuko Uhoraho agiye kurimbura uyu mujyi.” Ariko bo babigira ibikino.

15 Umuseke ukebye, ba bamarayika batota Loti bati: “Nimuhaguruke bwangu, wowe n’umugore wawe n’abakobwa bawe babiri muri kumwe. Nimuhunge mutarimburanwa n’uyu mujyi!”

16 Loti azaririye, baramukurura we n’umugore we n’abakobwa be babiri babajyana hanze y’umujyi, kuko Uhoraho yari yagiriye Loti impuhwe.

17 Bamaze kubakura mu mujyi, umwe mu bamarayika ategeka Loti ati: “Hunga udapfa! Nturebe inyuma kandi ntugire aho uhagarara mu kibaya cyose. Hungira mu misozi utarimbuka.”

18 Ariko Loti aramubwira ati: “Ko bidashoboka se nyakubahwa!

19 Dore jyewe umugaragu wawe, wanyitayeho ungirira neza cyane kandi unkiza kurimbuka. Ariko ndatinya ko ntabasha kugera ku misozi icyago kitarantsinda mu nzira.

20 Dore uriya mujyi mutoya uri hafi ku buryo nabasha kuwuhungiramo, uwihorere kuko ari muto cyane maze mpungireyo ndokoke.”

21 Aramusubiza ati: “Nongeye kukwemerera ibyo unsabye, uriya mujyi ndawihorera.

22 Ngaho ihute uhungireyo kuko nta cyo nshobora gukora utaragerayo.”

Uwo mujyi wahimbwe Sowari kubera ko Loti yavuze ko ari mutoya.

Sodoma na Gomora birimbuka

23 Loti yagezeyo izuba rirashe.

24 Nuko Uhoraho agusha kuri Sodoma na Gomora amazuku n’umuriro bivuye mu ijuru,

25 atsemba iyo mijyi n’abayituyemo bose n’ikibaya cyose, n’ibimera byaho byose.

26 Umugore wa Loti arebye inyuma, ahinduka inkingi y’umunyu.

27 Muri icyo gitondoAburahamu yasubiye aho yavuganiraga n’Uhoraho,

28 yerekeza amaso i Sodoma n’i Gomora no ku kibaya hose, abona hacucumuka umwotsi mwinshi cyane.

29 Igihe Imana yarimburaga imijyi Loti yari atuyemo, yatumye arokoka ibigiriye Aburahamu.

Loti n’abakobwa be

30 Loti yatinye kuguma i Sowari, azamukana n’abakobwa be babiri bajya mu misozi bibera mu buvumo.

31 Umukobwa we w’impfura abwira murumuna we ati: “Dore data atangiye gusaza kandi mu gihugu cyose nta mugabo uhari ngo turyamane.

32 Reka tumuhe divayi asinde, maze turyamane tumucikūre.”

33 Nuko iryo joro batereka se divayi arasinda. Umukuru aryamana na we, ariko se ntiyamenya uko byagenze kubera gusinda.

34 Bukeye umukuru abwira murumuna we ati: “Naraye ndyamanye na data, none iri joro twongere tumuhe divayi maze nawe uryamane na we, bityo tumucikūre.”

35 Iryo joro barongera batereka se divayi arasinda, umuto na we bararyamana, na bwo se ntiyamenya uko byagenze kubera gusinda.

36 Uko ni ko Loti yateye abakobwa be bombi inda.

37 Umukuru abyara umuhungu amwita Mowabu. Ni we sekuruza w’Abamowabu bakiriho kugeza n’ubu.

38 Umuto na we abyara umuhungu amwita Benami. Ni we sekuruza w’Abamoni na bo bakiriho kugeza n’ubu.