Adamu n’urubyaro rwe kugeza kuri Nowa
1 Iyi ni inyandiko ivuga ku bakomoka kuri Adamu.
Igihe Imana yaremaga umuntu, yamuremye asa na yo.
2 Umugabo n’umugore ni ko yabaremye, icyo gihe ibaha umugisha, ibita abantu.
3 Adamu amaze imyaka ijana na mirongo itatu, abyara umuhungu basa kandi umeze nka we, amwita Seti.
4 Amaze kubyara Seti, abaho indi myaka magana inani, ayibyaramo abandi bahungu n’abakobwa.
5 Adamu yapfuye amaze imyaka managa cyenda na mirongo itatu.
6 Seti amaze imyaka ijana n’itanu avutse, abyara Enoshi.
7 Amaze kubyara Enoshi, abaho indi myaka magana inani n’irindwi, ayibyaramo abandi bahungu n’abakobwa.
8 Seti yapfuye amaze imyaka magana cyenda na cumi n’ibiri.
9 Enoshi amaze imyaka mirongo cyenda avutse, abyara Kenani.
10 Amaze kubyara Kenani, abaho indi myaka magana inani na cumi n’itanu, ayibyaramo abandi bahungu n’abakobwa.
11 Enoshi yapfuye amaze imyaka magana cyenda n’itanu.
12 Kenani amaze imyaka mirongo irindwi avutse, abyara Mahalalēli.
13 Amaze kubyara Mahalalēli, abaho indi myaka magana inani na mirongo ine, ayibyaramo abandi bahungu n’abakobwa.
14 Kenani yapfuye amaze imyaka magana cyenda na cumi.
15 Mahalalēli amaze imyaka mirongo itandatu n’itanu avutse, abyara Yeredi.
16 Amaze kubyara Yeredi, abaho indi myaka magana inani na mirongo itatu, ayibyaramo abandi bahungu n’abakobwa.
17 Mahalalēli yapfuye amaze imyaka magana inani na mirongo cyenda n’itanu.
18 Yeredi amaze imyaka ijana na mirongo itandatu n’ibiri avutse, abyara Henoki.
19 Amaze kubyara Henoki, abaho indi myaka magana inani, ayibyaramo abandi bahungu n’abakobwa.
20 Yeredi yapfuye amaze imyaka magana cyenda mirongo itandatu n’ibiri.
21 Henoki amaze imyaka mirongo itandatu n’itanu avutse, abyara Metusela.
22 Amaze kubyara Metusela, abaho indi myaka magana atatu, ayoboka Imana kandi abyara abandi bahungu n’abakobwa.
23 Henoki yabayeho imyaka magana atatu na mirongo itandatu n’itanu,
24 hanyuma kubera ko yayobotse Imana iramujyana, ntihagira uwongera kumuca iryera.
25 Metusela amaze imyaka ijana na mirongo inani n’irindwi avutse, abyara Lameki.
26 Amaze kubyara Lameki, abaho indi myaka magana arindwi mirongo inani n’ibiri, ayibyaramo abandi bahungu n’abakobwa.
27 Metusela yapfuye amaze imyaka magana cyenda na mirongo itandatu n’icyenda.
28 Lameki amaze imyaka ijana na mirongo inani n’ibiri avutse, abyara umuhungu.
29 Amwita Nowa, avuga ati: “Uyu azaturuhura mu mirimo inaniza yo guhinga ubutaka bwavumwe n’Uhoraho.”
30 Amaze kubyara Nowa, Lameki abaho indi myaka magana atanu na mirongo cyenda n’itanu, ayibyaramo abandi bahungu n’abakobwa.
31 Lameki yapfuye amaze imyaka magana arindwi na mirongo irindwi n’irindwi.
32 Nowa amaze imyaka magana atanu avutse, abyara Semu na Hamu na Yafeti.