Yezu agera i Yeruzalemu
1 Begereye i Betifage n’i Betaniya, ku Musozi w’Iminzenze uteganye na Yeruzalemu, Yezu atuma babiri mu bigishwa be
2 ati: “Mujye muri ziriya ngo, nimuhagera murahita mubona icyana cy’indogobe kiziritse kitigeze giheka umuntu, mukiziture mukinzanire.
3 Nihagira ubabaza ati: ‘Murakora ibiki?’, mumubwire muti: ‘Ni Databuja ugikeneye kandi arakigarura vuba.’ ”
4 Baragenda koko basanga icyana cy’indogobe kiziritse ku irembo, hafi y’inzira nyabagendwa barakizitura.
5 Bamwe mu bari bahari barababaza bati: “Murakora ibiki? Iyo ndogobe murayiziturira iki?”
6 Abigishwa babasubiza uko Yezu yari yababwiye. Nuko barabihorera.
7 Icyana cy’indogobe bakizanira Yezu, bagisasaho imyitero yabo maze Yezu acyicaraho.
8 Abantu benshi barambura imyitero yabo mu nzira, abandi baharambika amashami y’ibiti baciye mu mirima.
9 Abari imbere ye n’abari inyuma barangurura amajwi bati: “Hozana! Hasingizwe uje mu izina rya Nyagasani!
10 Hasingizwe ingoma y’umubyeyi wacu Dawidi igiye kuza! Mu ijuru nibasingize Imana bati: ‘Hozana!’ ”
11 Nuko Yezu ageze i Yeruzalemu, yinjira mu rugo rw’Ingoro y’Imana. Amaze kuzenguruka no kureba ibintu byose kandi abonye ko bugorobye, arasohoka ajyana na ba bandi cumi na babiri bajya i Betaniya.
Yezu avuma igiti cy’umutini
12 Bukeye bwaho bavuye i Betaniya, Yezu arasonza.
13 Akiri kure arabukwa igiti cy’umutini gitoshye. Aracyegera ngo arebe ko hari imbuto yakibonaho, asanga ari amababi masa kuko kitari igihe cyacyo cyo kwera.
14 Arakibwira ati: “Ntihakagire umuntu urya imbuto zawe ukundi!”
Abigishwa be bumva abivuga.
Yezu yirukana abacururizaga mu Ngoro y’Imana
15 Baragenda bagera i Yeruzalemu. Yezu yinjira mu rugo rw’Ingoro y’Imana, atangira kwirukanamo abacuruzaga n’abaguraga ahasanze. Ahirika ameza y’abavunjagaamafaranga n’intebe z’abacuruzaga inuma,
16 kandi abuza abikoreraga ibintu kunyura mu rugo rw’Ingoro.
17 Nuko arabigisha ati: “Mbese Ibyanditswe ntibivuga ngo: ‘Inzu yanjye izitwa Inzu isengerwamo n’amahanga yose’? Ariko mwe mwayigize indiri y’abajura.”
18 Abakuru bo mu batambyi n’abigishamategeko babyumvise bashaka uburyo bwo kumwica, kuko bamutinyiraga ko rubanda batangazwaga n’inyigisho ze.
19 Bumaze kwira Yezu n’abigishwa be bava mu murwa.
Yezu yigisha ahereye ku mutini yavumye
20 Kare mu gitondo banyura hafi ya cya giti cy’umutini, basanga cyaraye cyumye cyose guhera mu mizi.
21 Petero yibuka ibyabaye, ni ko kubwira Yezu ati: “Mwigisha, dore wa mutini wavumaga warumye!”
22 Nuko Yezu arababwira ati: “Mujye mwizera Imana!
23 Ndababwira nkomeje ko uwizera Imana ashobora kubwira uriya musozi ati: ‘Shyiguka aho wirohe mu nyanja!’ Niyizera adashidikanya ko ibyo avuze biba bizaba.
24 Ni cyo gituma mbabwira nti ‘Icyo musabye cyose musenga, mujye mwizera ko mugihawe kandi muzakibona.’
25 N’igihe muhagaze musenga, mujye mubabarira uwo mwaba mufite icyo mupfa, kugira ngo namwe So uri mu ijuru abababarire ibyo mumucumuraho. [
26 Naho nimutababarira abandi, So uri mu ijuru na we ntazabababarira ibyo mumucumuraho.]”
Ubushobozi bwa Yezu buva he?
27 Nyuma y’ibyo basubira i Yeruzalemu. Ubwo Yezu yagendagendaga mu rugo rw’Ingoro y’Imana, abakuru bo mu batambyi n’abigishamategeko n’abakuru b’imiryango barahamusanga.
28 Nuko baramubaza bati: “Uvana he ubushobozi bwo gukora ibyo ukora? Ni nde wabuguhaye?”
29 Yezu arabasubiza ati: “Nanjye reka mbibarize ikibazo kimwe, nimunsubiza nanjye ndababwira aho nkura ubushobozi bwo kubikora.
30 Mbese Yohani yatumwe n’Imana kubatiza, cyangwa yatumwe n’abantu? Nimunsubize.”
31 Bajya inama bati: “Nituvuga ko yatumwe n’Imana, aratubaza ati: ‘Kuki mutamwemeye?’
32 Na none kandi nituvuga ko yatumwe n’abantu, turaba twikozeho.” Batinyaga rubanda kuko rwemeraga ko Yohani yari umuhanuzi.
33 Nuko basubiza Yezu bati: “Ntitubizi.”
Yezu ni ko kubabwira ati: “Nanjye rero simbabwiye aho nkura ubushobozi bwo gukora ibyo nkora.”
—https://d1b84921e69nmq.cloudfront.net/126/32k/MRK/11-1d6e4c784587ff4f38d9dc98d97c1dfc.mp3?version_id=387—