Ibisekuruza bya Yezu
1 Dore uko ibisekuruza bya Yezu Kristo ukomoka kuri Dawidi no kuri Aburahamu bikurikirana:
2 Aburahamu yabyaye Izaki, Izaki abyara Yakobo, Yakobo abyara Yuda n’abavandimwe be.
3 Yuda abyara Perēsi na Zera ababyaranye na Tamari, Perēsi abyara Hesironi, Hesironi abyara Aramu,
4 Aramu abyara Aminadabu, Aminadabu abyara Nahasoni, Nahasoni abyara Salumoni.
5 Salumoni abyara Bowazi amubyaranye na Rahabu, Bowazi abyara Obedi amubyaranye na Ruti, Obedi abyara Yese.
6 Yese abyara Umwami Dawidi.
Dawidi yabyaye Salomo amubyaranye na muka Uriya.
7 Salomo abyara Robowamu, Robowamu abyara Abiya, Abiya abyara Asa.
8 Asa abyara Yozafati, Yozafati abyara Yoramu, Yoramu abyara Uziya.
9 Uziya abyara Yotamu, Yotamu abyara Ahazi, Ahazi abyara Hezekiya.
10 Hezekiya abyara Manase, Manase abyara Amoni, Amoni abyara Yosiya.
11 Yosiya abyara Yekoniya n’abavandimwe be, babayeho igihe Abayuda bajyanwaga ho iminyago i Babiloni.
12 Nyuma y’aho bajyaniwe i Babiloni, Yekoniya yabyaye Salatiyeli, Salatiyeli abyara Zerubabeli.
13 Zerubabeli abyara Abiyudi, Abiyudi abyara Eliyakimu, Eliyakimu abyara Azori.
14 Azori abyara Sadoki, Sadoki abyara Akimu, Akimu abyara Elihudi.
15 Elihudi abyara Eleyazari, Eleyazari abyara Matani, Matani abyara Yakobo.
16 Yakobo abyara Yozefu umugabo wa Mariya, ari na we nyina wa Yezu witwa Kristo.
17 Kuva kuri Aburahamu kugeza kuri Dawidi hari ibisekuruza cumi na bine, kuva kuri Dawidi kugeza bajyanywe i Babiloni na byo ni cumi na bine, no kuva bajyanywe i Babiloni kugeza kuri Kristo ni cumi na bine.
Ivuka rya Yezu Kristo
18 Dore uko byagenze mu ivuka rya Yezu Kristo. Nyina Mariya wari warasabwe na Yozefu, yasamye inda bitewe na Mwuka Muziranenge kandi atari yabana n’umugabo we.
19 Yozefu akaba umuntu w’intungane, ntiyashaka kumukoza isoni, ni bwo yigiriye inama yo kumubenga rwihishwa.
20 Akiri muri ibyo umumarayika wa Nyagasani amubonekera mu nzozi, aramubwira ati: “Yozefu mwene Dawidi, witinya kuzana umugeni wawe Mariya, kuko iyo nda yayisamye bitewe na Mwuka Muziranenge.
21 Azabyara umuhungu umwite Yezu, kuko ari we uzakiza abantu be ibyaha.”
22 Byose byabereye kugira ngo bibe nk’uko Nyagasani yari yaratumye umuhanuzi kubivuga ati:
23 “Dore umukobwa w’isugi azasama inda,
azabyara umwana w’umuhungu,
bazamwita Emanweli.”
(Risobanurwa ngo “Imana iri kumwe natwe.”)
24 Yozefu akangutse abigenza uko umumarayika wa Nyagasani yari yamutegetse, azana umugeni we.
25 Ariko ntibaryamana kugeza igihe yabyariye umwana w’umuhungu. Uwo mwana Yozefu amwita Yezu.
—https://d1b84921e69nmq.cloudfront.net/126/32k/MAT/1-c8d4c8b503b0ff0344b46746d3a6b8de.mp3?version_id=387—