1 Mak 7

Demeteriyo wa mbere aba umwami

1 Mu mwaka wa 151Demeteriyomwene Selewukusi yavuye i Roma acitse, ahungira mu mujyi wo ku nyanjaari kumwe n’abantu bake, ahatangariza ko abaye umwami.

2 Akiri mu nzira agana ku ngoro ya cyami ya ba sekuruza, ingabo zifata Antiyokusi Ewupatori na Liziya kugira ngo zibamuzanire.

3 Ariko Demeteriyo abimenye aravuga ati: “Sinshaka kubona abo bantu.”

4 Nuko ingabo zirabica maze Demeteriyo aganza ku ngoma.

5 Abisiraheli bose bari bazwiho kutubaha Imana n’Amategeko, baramusanga bayobowe na Alikimuwashakaga kuba Umutambyi mukuru.

6 Barega abandi Bayahudi ku mwami bati: “Yuda n’abavandimwe be bicishije abayoboke bawe bose, natwe batumenesha mu gihugu cyacu.

7 None rero wohereze umuntu wizeye, ajye kwirebera amarorerwa yose Yuda yadukoreye n’ayo yakoze mu gihugu cyawe, maze amuhane we n’abavandimwe be n’ababashyigikiye bose.”

Bakidesi na Alikimu mu Buyuda

8 Umwami ahitamo Bakidesi umwe mu ncuti ze, ari na we wategekaga ibihugu bikomatanyije by’iburengerazuba bwa Efurati. Yari umuntu ukomeye mu gihugu akaba n’umuyoboke w’umwami.

9 Nuko amwohereza hamwe na Alikimu, umuntu utubahaga Imana n’Amategeko, amugira Umutambyi mukuru kandi abategeka kujya guhōra Abisiraheli.

10 Baragenda bagera mu gihugu cy’u Buyuda bayoboye igitero cy’abantu benshi. Bagezeyo boherereza Yuda n’abavandimwe be intumwa zisaba amahoro, ariko babaryarya.

11 Nyamara Abayahudi bari babonye ko bazanye n’igitero gikomeye, ntibemera icyo cyifuzo cyabo.

12 Nuko inteko y’abigishamategeko iteranira kwa Alikimu na Bakidesi, kugira ngo bashakire hamwe umwanzuro uboneye.

13 Abitwa Abahasidimuni bo babimburiye abandi Bayahudi basaba amahoro.

14 Baribwiraga bati: “Alikimu wazanye n’ingabo z’umwami ni umutambyi ukomoka kuri Aroni, ntazatugirira nabi.”

15 Alikimu aganira na bo abizeza amahoro kandi abyemeresha indahiro ati: “Nimuhumure ntidushaka kubagirira nabi, ari mwebwe ari n’incuti zanyu.”

16 Nyamara bamaze kumugirira icyizere, afatisha abantu mirongo itandatu muri bo, abica umunsi umwe nk’uko Ibyanditswe bivuga ngo:

17 “Bishe abantu bawe,

imivu y’amaraso itemba muri Yeruzalemu,

imirambo yabo inyanyagizwa hose ibura gihamba.”

18 Nuko rubanda rwose rutahwa n’ubwoba baravuga bati: “Aba bantu nta kuri n’ubutabera bibarangwaho, kuko barenze ku masezerano twagiranye n’indahiro barahiye.”

19 Bakidesi ava i Yeruzalemu ashinga ibirindiro i Betizeti. Nuko afatisha abantu benshi mu bari bamuyobotse kimwe n’abandi Bayahudi, arabica maze abaroha mu iriba rirerire.

20 Igihugu acyegurira Alikimu amuha n’ingabo zo kumushyigikira, hanyuma asubira ibwami.

21 Kuva ubwo Alikimu akomeza kurwanira icyubahiro cyo kuba Umutambyi mukuru.

22 Hanyuma ababuzaga rubanda amahoro bose baramuyoboka, bigarurira u Buyuda bwose kandi bagirira nabi cyane Abisiraheli.

23 Yuda abona ko Alikimu n’abayoboke be barusha abanyamahanga kugirira nabi Abisiraheli,

24 azenguruka igihugu cyose cy’u Buyuda kugira ngo atsembe abagambanyi, kandi ababuze gukomeza kwidegembya mu gihugu.

25 Alikimu abona ko Yuda n’abantu be bamaze kumurusha amaboko, kandi ko atagishoboye kubarwanya. Nuko asubira ibwami maze abarega amarorerwa akomeye.

Umwami yohereza Nikanori kurwanya Yuda

26 Umwami yohereza Nikanori, umwe mu bagaba b’ingabo ze b’ibirangirire akaba n’umwanzi ukomeye w’Abisiraheli, amuha ubutumwa bwo kubarimbura.

27 Nikanori agera i Yeruzalemu n’igitero gikomeye, atuma kuri Yuda n’abavandimwe be asaba amahoro, ariko abaryarya. Arababwira ati:

28 “Ntibikabeho ko nashyamirana namwe, nzazana n’abantu bake kugira ngo twumvikane mu mahoro.”

29 Nikanori ageze kwa Yuda baramukanya nta cyo bishisha, nyamara abanzi bari barekereje kugira ngo bafate Yuda.

30 Yuda amenye ko Nikanori amufitiye imigambi mibi, agira ubwoba ntiyaba agishaka gushyikirana na we.

31 Nikanori abonye ko umugambi we watahuwe, ava i Yeruzalemu ajya kurwanira na Yuda hafi y’i Kafarisalama.

32 Abantu bagera kuri magana atanu mu ngabo za Nikanori baricwa, abandi bahungira mu Murwa wa Dawidi.

33 Ibyo birangiye Nikanori arazamuka ajya ku musozi wa Siyoni. Abatambyi n’abakuru b’Abayahudi basohoka mu Ngoro baje kumwifuriza amahoro, no kumwereka igitambo gikongorwa n’umuriro batambiraga Imana basabira umwami.

34 Ariko Nikanori arabakwena, abakoza isoni arabandagaza, ababwirana agasuzuguro

35 kandi arahira arakaye ati: “Uyu munsi nimutanshyikiriza Yuda n’ingabo ze, ndahiye ko nimpindukira maze kumutsinda nzatwika iriya Ngoro!” Nuko agenda arakaye cyane.

36 Abatambyi baragenda bahagarara imbere y’urutambiro n’Ingoro, basesa amarira bavuga bati:

37 “Uhoraho, ni wowe wihitiyemo iyi Ngoro kugira ngo tujye tuyikwambarizamo, kandi itubere ahantu ho kugusengera no kugutakambira.

38 Turakwinginze, tebuka wihimure Nikanori n’ingabo ze ubamarire ku icumu. Ibuka ibitutsi bagututse maze ubatsembe.”

Urupfu rwa Nikanori

39 Nikanori ava i Yeruzalemu ajya gushinga inkambi i Betihoroni, aho ni ho izindi ngabo zo muri Siriya zamusanze.

40 Yuda na we ashinga inkambi muri Hadasha,ari kumwe n’abantu ibihumbi bitatu. Nuko arasenga ati:

41 “Uhoraho, igihe intumwa z’umwami w’Abanyashūru zagutukaga, umumarayika wawe yaraje abicamo abantu ibihumbi ijana na mirongo inani na bitanu.

42 Uyu munsi na bwo utsembere kiriya gitero imbere yacu, kugira ngo n’abandi bose bamenyereho ko Nikanori ahanwe kubera ko yatutse Ingoro yawe nziranenge, bityo umucire urumukwiye!”

43 Nuko ku itariki ya cumi n’eshatu z’ukwezi kwa Adariibitero byombi birasakirana, ingabo za Nikanori ziratsindwa, aba ari na we wa mbere ugwa ku rugamba.

44 Ingabo ze zibonye ko apfuye, zijugunya intwaro zirahunga.

45 Abayahudi babakurikirana umunsi wose bavuza impanda z’impuruza, kuva Hadasha kugera ku nkengero za Gezeri.

46 Abatuye mu nsisiro zose zo mu Buyuda barasohoka, batangatanga abo banzi. Nuko bose bashirira ku icumu ntihagira n’umwe urokoka.

47 Abayahudi bamaze gucuza abanzi no gutwara iminyago, baca umutwe wa Nikanori n’ikiganza cye cy’iburyo yaramburanaga agasuzuguro, barabijyana babimanika aho abatuye Yeruzalemu bose babibona.

48 Rubanda rusābwa n’umunezero, uwo munsi bakora ibirori nko ku minsi mikuru y’ibyishimo.

49 Abayahudi bemeza ko uwo munsi uzajya wizihizwa buri mwaka, ku itariki ya cumi n’eshatu z’ukwezi kwa Adari.

50 Nuko igihugu cy’u Buyuda kibona agahenge k’igihe gito.