Intang 46

Yakobo n’umuryango we bajya mu Misiri

1 Yakobo ajyana ibyo yari atunze byose, ageze i Bērisheba atambira Imana ya se Izaki ibitambo.

2 Iryo joro Imana iramubonekera iramuhamagara iti: “Yakobo we!”

Aritaba ati: “Karame!”

3 Iramubwira iti: “Ndi Imana, Imana ya so. Witinya kujya mu Misiri, kuko abazagukomokaho ari ho nzabagirira ubwoko bukomeye.

4 Nzajyana nawe mu Misiri, kandi abazagukomokaho ni jyewe uzabagarura muri iki gihugu. N’igihe uzatabarukira, Yozefu ni we uzakurundarunda.”

5 Bene Yakobo bashyira se n’abana babo n’abagore babo mu magare umwami wa Misiri yari yaboherereje, maze bava i Bērisheba.

6 Bajyana amatungo yabo n’ibyo bari bararonkeye muri Kanāni byose. Nuko Yakobo ajya mu Misiri hamwe n’abamukomokaho bose.

7 Ajyana n’abahungu be n’abakobwa be n’abuzukuru be, mbese n’abe bose.

8 Dore amazina ya bene Yakobo bajyanye na we mu Misiri.

Impfura ya Yakobo Rubeni,

9 n’abahungu be Hanoki na Palu, na Hesironi na Karumi.

10 Simeyoni n’abahungu be Yemuweli na Yamini, na Ohadi na Yakini, na Sohari na Shawuli yabyaranye n’Umunyakanānikazi.

11 Levi n’abahungu be Gerishoni na Kehati na Merari.

12 Yuda n’abahungu be Shela na Perēsi na Zera (abandi bahungu ba Yuda, Eri na Onani bo baguye mu gihugu cya Kanāni). Perēsi yajyanye n’abahungu be Hesironi na Hamuli.

13 Isakari n’abahungu be Tola na Puwa, na Yashubuna Shimuroni.

14 Zabuloni n’abahungu be Seredi na Eloni na Yahilēli.

15 Abo bahungu na mushiki wabo Dina, Yakobo yababyaranye na Leya batuye mu majyaruguru ya Mezopotamiya. Abakomoka kuri Leya bose bari mirongo itatu na batatu.

16 Gadi n’abahungu be Sifiyonina Hagi, na Shuni na Esiboni, na Eri na Arodi na Arēli.

17 Ashēri n’abahungu be Yimuna na Yishiwa, na Yishiwi na Beriya na mushiki wabo Sera. Beriya yajyanye n’abahungu be Heberi na Malikiyeli.

18 Abo ni bo Yakobo yabyaranye na Zilipa, umuja Labani yari yarahaye umukobwa we Leya. Abakomoka kuri Zilipa bari cumi na batandatu.

19 Yozefu na Benyamini, abo Yakobo yababyaranye na Rasheli.

20 Mu Misiri, Yozefu yabyaye Manase na Efurayimu, ababyaranye na Asinati umukobwa wa Potifera, umutambyi wo mu mujyi wa Oni.

21 Benyamini n’abahungu be Bela na Bekeri, na Ashibeli na Gera, na Nāmani na Ehi, na Roshi na Mupimu, na Hupimu na Aridi.

22 Abo ni bo Yakobo yabyaranye na Rasheli. Abakomoka kuri Rasheli bose bari cumi na bane.

23 Dani n’umuhungu we Hushimu.

24 Nafutali n’abahungu be Yahisēli na Guni, na Yeseri na Shilemu.

25 Abo ni bo Yakobo yabyaranye na Biliha, umuja Labani yari yarahaye umukobwa we Rasheli. Abakomoka kuri Biliha bari barindwi.

26 Abakomoka kuri Yakobo bajyanye na we mu Misiri, hatabariwemo abakazana be, bose hamwe bari mirongo itandatu na batandatu.

27 Yozefu yari asanzwe mu Misiri n’abahungu be babiri bavukiyeyo. Bityo Yakobo n’abamukomokaho batuye mu Misiri, bose bari mirongo irindwi.

Yakobo n’umuryango we batura i Gosheni

28 Yakobo yohereza Yuda kubwira Yozefu ngo bahurire mu ntara ya Gosheni. Bagezeyo,

29 Yozefu yicara mu igarerye ajya kwakira se Yakobo muri Gosheni. Bakibonana, Yozefu ahobera se cyane arira, ananirwa kumurekura.

30 Yakobo aramubwira ati: “Ubu mpfuye nta gahinda, ubwo ukiriho nkaba nkwiboneye!”

31 Yozefu abwira bene se n’abandi bantu bo mu rugo rwa se ati: “Ngiye kumenyesha umwami wa Misiri ko mwaje munsanga, muturutse muri Kanāni.

32 Ndamubwira ko muri aborozi biragirira amashyo n’imikumbi, kandi ko mwazanye amatungo n’ibyo mwari mutunze byose.

33 Nabatumiza akababaza umwuga wanyu,

34 muzamusubize muti: ‘Twebwe abagaragu bawe turi aborozi kuva mu buto bwacu kugeza n’ubu, kandi tubikomora kuri ba sogokuruza.’ Ni bwo azabatuza mu ntara ya Gosheni, kuko Abanyamisiri bazirana n’aborozi.”